IGIPIMO ISUZUMA RISHINGIRAHO
None rero, twibaze: “Ni hehe dushobora kubona igipimo kidufasha gusuzuma ibyo tubona bibera muri twe?”
Hari inzira ebyiri zishoboka: gukura igipimo dushingiraho mu kwisuzuma hanze yacu, cyangwa se tukagisanga muri twe ubwacu.
Nituramuka duhisemo inzira ya mbere, tuzahita twinjira mu kibazo cyo kudutanya na kamere (alienation) twasobanuye mbere. N’ubwo twaba twaratangiye ubushakashatsi bushingiye ku mibereho yacu bwite, bityo tukanga kwishingikiriza ku byakozwe n’abandi, …umwanzuro twageraho nabwo waba udutanya na kamere (alienating) niba igipimo cyo kwimenya tugikura ku bandi. Icyo twaba turi cyo n’igisobanuro cyacu byaba bikomeje gushingira ku kintu kiri hanze yacu.
Aha ushobora guhinyuza neza uvuga ko, kubera ko tutariho mbere yo kuza ku isi, bidashoboka ko twebwe ubwacu twatanga igipimo cyo kwisuzuma. Uko byagenda kose, iki gipimo turagihabwa. Ubu rero, kuvuga ko iki gipimo kiri muri twe ntibivuga ko twebwe ubwacu tukigena; ahubwo bivuga ko gituruka kuri kamere yacu, ko twagihawe nk’igice cy’ingenzi cy’iyo kamere yacu (aho ijambo kamere ryumvikanisha mu buryo bweruye ijambo Imana, nk’ikimenyetso cy’inkomoko ya nyuma ya “Jye” yacu).
Ibi ni byo byonyine bishobora gufatwa nk’uburyo busobanutse, butadutandukanya n’ubumuntu bwacu. Mu gusoza, igipimo cyo gusuzuma iri tekereza ku bumuntu bwacu kigomba guturuka imbere muri twe, mu miterere yihariye y’umuntu ubwe, iyo miterere kandi iri mu nkomoko y’umuntu.
UBUNARARIBONYE BW’IBANZE (ELEMENTARY EXPERIENCE)
Ubunararibonye bwose bwerekeye ubumuntu bwanjye n’umwihariko wanjye buca mu kayunguruzo k’ubunararibonye bw’ibanze, bw’inkomoko, bugaragaza uko nitwara imbere n’ibintu byose. Buri wese muri twe afite uburenganzira n’inshingano byo kumenya ko buri gihe bishoboka kugereranya igitekerezo cyose gitanzwe n’ubu bunararibonye bw’ibanze. Kandi bigomba no kuba umuco wacu wa buri munsi.
Ni iki kigize ubu bunararibonye bw’ibanze kandi bw’umwimerere? Ubu bunararibonye bushobora gusobanurwa nk’urusobe rw’ibyifuzo (needs) n’“ibyigaragaza” (evidences) biduherekeza mu byo duhura na byo byose. Kamere idushyira mu kugereranya kwagutse yagati yacu ubwacu, kwigereranya n’abandi, kwigereranya n’ibintu, ikaduha urusobe rw’ibyifuzo karemano n’“ibyigaragaza” bikora nk’ibikoresho by’uwo muhuro. Ibi byifuzo n’ibi “bihamya” ni karemano ku buryo ibintu byose dukora cyangwa tuvuga bishingira kuri byo.
Ibyo byifuzo bishobora kwitwa amazina atandukanye. Bishobora no kuvugwa mu magambo atandukanye (nko gukenera ibyishimo, gukenera ukuri, gukenera ubutabera, n’ibindi). Bimeze nk’urumuri rutuma moteri y’ubumuntu itangira gukora. Mbere yabyo, nta kugenda, nta mbaraga z’ubumuntu zibaho. Icyemezo cyose cy’umuntu, uhereye ku gisa n’igisanzwe kandi cyoroshye cyane kugeza ku cyatekerejweho cyane kandi gifite ingaruka zikomeye, ntahandi gishingira atari kuri mutima w’ibyifuzo karemano.
Noneho, mu gusobanura “ibigaragara byimenyekanishije” (evidences), ndagaruka ku rugero rw’agatabo kandikwamo ubya buri munsi (notebook). Umuntu akwegereye akakubaza ati: “wizeye ko ako ari agatabo kandikwamo? Kabaye atari ko se?”, byagutangaza cyane, ukaba wagira ngo uwo muntu utameze neza mu mutwe. Aristote yigeze kuvuga mu buryo bwiza ko ari ubupfapfa gushakira ikintu kiriho mu buryo bugaragara (evidence) impamvu kiriho.⁵ Nta muntu wabaho atuje ari ku rwego rw’ibibazo bidafite ishingiro. Bityo rero, bene ubu bwoko bw’“ibihamya” na bwo ni igice cy’icyo nise ubunararibonye bw’ibanze.
Ndifuza gutanga urundi rugero, rushobora gusetsa ariko rufite igisobanuro gikomeye. Mu ishuri ryisumbuye, umwarimu wa filozofiya yarasobanura ati: “Twese turemeza ko aka gatabo nandikamo ibya buri munsi ari ikintu kiri hanze y’ubwnge bwacu. Nta n’umwe muri utemeza ko igitekerezo cya mbere dufite kuri aka gatabo ari uko ari ikintu kiri hanze yacu. Ariko noneho nimureke dutekereze ko ntacyo nzi kuri iki kintu: byaba ari nk’aho aka gatabo katabaho. Ubumenyi dufite ku kintu, umwuka wacu n’imbaraga zacu ni byo biremye iki kintu – ku buryo iyo tutakizi, byaba ari nk’aho kitigeze kibaho.” Twashobora kwita uyu mwarimu “umunyamitekerereze ishingiye ku bitekerezo (idealist).”
Reka dufate ko uyu mwarimu agize arya akarwara bikomeye, agasimbuzwa undi. Abanyeshuri bamubwiye gahunda y’isomo aho igeze, umwarimu mushya afata urugero rw’uwo asimbuye ati: “Twese twemeranya ko ihamya ya mbere ari uko iki kintu kiri hanze yacu. Ariko se byagenda bite iyo atari byo? Mumpe gihamya idashidikanywaho ko iki kibaho ari ikintu kiri hanze yacu.” Aha dufite umwarimu ushobora kwitwa umunyabitekrezo bishingiye ku gushidikanya (sceptic) cyangwa umunyamayeri w’imbwirwaruhame (sophist).
None se twiyumvire ko, ku mpamvu zitateganyijwe, haza umwarimu wa gatatu agakomeza aho bageze. Uyu mwarimu akavuga ati: “Twese dufite igitekerezo cy’uko iki ari ikintu kiri hanze yacu. Iyi ni yo gihamya y’ibanze, y’inkomoko. Ariko se byagenda bite iyo ntacyo nzi kuri cyo? Byaba ari nk’aho kitariho. Murabona rero ko ubumenyi ari ihuriro riri hagati y’imbaraga z’umuntu n’ikintu kimugaragarira. Ni igikorwa kibaho aho imbaraga z’ubwenge bw’umuntu zihuzwa n’ikintu. Ni gute iryo huza ribaho? Iki ni ikibazo gishishikaje twashobora gusa gusubiza mu buryo butuzuye. Ariko tuzi neza ko ubumenyi bugizwe n’ibintu bibiri by’ingenzi.” Uyu mwarimu ni we twakwita “umunyakuri (realist).”
Twabonye ibisobanuro bitatu bitandukanye ku kibazo kimwe. None se, ni ikihe muri bitatu gifite ukuri? Buri kimwe kirashimishije kandi kigatanga ukuri ku rwego runaka. None se ni ubuhe buryo dukoresha kugira ngo tubitandukanye? Icya mbere, tugomba gusuzuma ibi bitekerezo bitatu tukabipima dukoresheje igipimo cy’icyo nise ubunararibonye bw’ibanze: ibyo bintu byimbitse biri muri kamere yacu, mu ihuriro ry’ibyifuzo n’“ibihamya” twahawe kuva tukivuka. Hanyuma tukibaza rero tuti: “Muri aba barimu batatu, ni nde ukoresha uburyo bujyana cyane n’ubu bunararibonye karemano?” Vuba aha tuzavumbura ko uwa gatatu yafashe umwanya wumvikana kurusha abandi, kuko we yitaye ku bintu byose bigize ikibazo, mu gihe abandi bakoresheje igipimo kigabanya ukuri (reductionist criterion).
Natangije uru rugero kugira nshimangire akamaro ko gushyira mu igeragezwa iri genzura dukora ku mibereho yacu bwite kugira ngo tubashe kugera ku mwanzuro. Iri geragezwa rigizwe no kugereranya ibivuyemo mu kwitekerezaho ubwacu n’igipimo karemano. Umubyeyi w’Umwinyuiti, umubyeyi wo muri Tierra del Fuego, n’umubyeyi w’Umunyajapani bose batwita abantu, bagaragara nk’abantu bitewe n’imiterere yabo y’inyuma n’ikimenyetso afite imbere muri we (interior stamp). Bityo rero, igihe bavuga “Njye”, bazakoresha iri jambo mu kuvuga ku bintu byinshi bituruka ku mateka atandukanye, imigenzo, n’imimerere y’ubuzima; ariko nta gushidikanya, igihe bavuga “Njye”, bazanarikoresha ngo berekane umutima bifitemo imbere, “umutima”, nk’uko Bibiliya ibivuga, uhuye muri buri umwe muri bo, n’ubwo waba usobanurwa mu buryo butandukanye cyane.
Uyu mutima ndimo kuwita nk’icyo nise ubunararibonye bw’ibanze; ni ukuvuga, ni ikintu kigamije kugaragaza neza cyane imbaraga karemano abantu bafite mu kugerageza guhuza n’ukuri, bashaka kuba kimwe na ko. Babigeraho bubahiriza umugambi ugena ku kuri ubwako ishusho y’icyitegererezo ibatera imbaraga iva imbere muri bo.
