INZIRA YO KWIGA IGENWA N’ICYIGWA: GUTEKEREZA KU BUNARARIBONYE BW’UMUNTU KU GITI CYE
Igice Carrel yavuze cyadufashije neza gutangiza umutwe w’ihame rya mbere; kuko kugira ngo habeho ubushakashatsi bukomeye ku kintu icyo ari cyo cyose cyangwa ku gikorwa runaka, bisaba kwishingikiriza ku kuri nyakuri (realism).
Iyo mvuga kwishingikiriza ku kuri nyakuri (realism), mba mvuga icyifuzo gikomeye kandi kidasubirwaho cyo kudaha agaciro karenze urugero imiterere y’ibitekerezo twamaze kugira mu bwenge bwacu, ahubwo tukitoza ubushobozi bwuzuye, bufite ishyaka kandi budacogora bwo kwitegereza neza icyabaye koko, ukuri kw’icyabaye (fact). Mutagatifu Augustin, akoresheje amagambo make arimo ubwitonzi n’ubuhanga, avuga igitekerezo gisa n’iki agira ati: “Ndabaza kugira ngo menye ikintu, si ukugira ngo ngitekereze.”³ Iyi mvugo igaragaza imyitwarire itandukanye n’iyo akenshi tubona mu muntu w’iki gihe, aho bafata ko, niba tuzi ikintu, bihita bivuga ko tukitekereza neza. Ariko Mutagatifu Augustin atuburira ko ibihabanye na byo atari ukuri. Gutekereza ku kintu ni igikorwa cy’ubwenge, gishingiye ku bitekerezo, ku nzozi n’ishusho ziri mu bwenge ku kintu; kandi akenshi, iyo duha agaciro gakabije ibitekerezo byacu, tutabizi neza — cyangwa se tukabigira impamvu zishyigikira ibyo dukora — twisanga dutera ibyo dutekereza ku kintu nyir’izina. Umuntu ufite umutima utekanye kandi uhamye, we, yifuza kumenya icyabaye, kumenya icyo ari cyo koko, hanyuma nyuma akaba ashobora no kugitekerezaho.
Ibyo Carrel na Mutagatifu Augustin bavuga binshishikariza gushimangira ko, ku bijyanye n’ubunararibonye bw’iyobokamana, icy’ingenzi kurusha ibindi ari ukumenya neza icyo ari cyo, kumenya neza icyo duhura na cyo. Biragaragara kandi ko, mbere na mbere, duhura n’ukuri nyir’izina (fact), kandi mu mibare n’isesengura ry’imyitwarire y’abantu, ari cyo gikorwa gikwiriye cyane kurusha ibindi byose. Mu by’ukuri, nta kindi gikorwa cy’umuntu kirenze cyane icyo twita “ubunararibonye cyangwa ibyiyumvo by’iyobokamana.” Ibi bidushyira imbere ikibazo kigira icyo kibaza ku byo dukora byose, bityo bikaba icyerekezo rusange kirenze ibindi byose. Ikibazo cy’imyumvire y’iyobokamana, cyangwa icyumviro cy’iyobokamana — nk’uko tuzabibona — ni iki: “Ni ikihe gisobanuro cy’ibiho byose?” Tugomba gusobanukirwa ko, iyo tuvuga kuri iki cyiyumvo cy’iyobokamana, tuba tuvuga ku kintu cyabaye igice cy’ingenzi cy’imyitwarire y’abantu b’ibihe byose kandi kikagira ingaruka ku bikorwa byose by’umuntu.
Bityo rero, kuko dushaka kumenya neza icyo iki kintu ari cyo, icyo iki cyiyumvo cy’iyobokamana gihatse, ikibazo cy’inzira yo kucyigaho (method) kiratureba byihuse kandi byimbitse. Tuzahangara iki kintu gute kugira ngo tubashe kukimenya neza koko?
Aha tugomba no kwitondera ko abantu benshi, iyo bigeze kuri iyi ngingo, baba babikora babizi cyangwa batabizi, bashingira cyane ku magambo y’abandi, cyane cyane ay’abantu bafite izina rikomeye cyangwa ijambo rikomeye mu muryango nyarwanda cyangwa mpuzamahanga — abafilozofe twigishijwe ku ishuri, cyangwa abanyamakuru bandika mu binyamakuru binyuranye…bagira uruhare mu kugena no kubaka imyumvire rusange y’abantu. Ese twakwitabaza aba bantu kugira ngo batubwire icyo iki cyiyumvo cy’iyobokamana ari cyo? Ese twakwiga ibyo Aristote, Platon, Kant, Marx cyangwa Engels bavuze kuri cyo? Ibyo twabikora, ariko tubikoze nk’intambwe ya mbere, byaba ari uburyo butari bwo. Iyo tugarutse kuri iri garagaza shingiro ry’ubuzima bwacu, ntidushobora kwihamira mu bitekerezo by’abandi, biyoberanya imyumvire igezweho cyangwa amarangamutima aranga umuryango tubayemo.
Kwishingikiriza ku kuri nyakuri (realism) bisaba uburyo bwihariye bwo kwitegereza no kumenya ikintu, kandi ubu buryo ntibuhangwa, ntibutekerezwa, ntibutegurwa kandi ntibuhangwa n’uwiga icyo kintu; bugenwa n’icyigwa ubwacyo. Reka ntange urugero rugufi rugaragaza icyo nshaka kuvuga. Dufate ko ndi imbere y’abantu mvuga, agatabo kanjye nandikamo (notebook) kari ku meza; maze mu gihe ndimo mvuga, nkabona ikintu cy’umweru ku meza ndebeye ku ruhande, nkibaza nti: “Iki kintu cyera kiri ku meza ni iki?” Nshobora gutekereza ibintu byinshi: nshobora kuvuga ko ari urubura rusandaye ku meza, cyangwa se igitambaro. Ariko uburyo bwo kumenya icyo ari cyo nyir’izina bugenwa n’icyo kintu ubwacyo; sinshobora kureba ikintu gitukura kiri inyuma mu cyumba cyangwa amaso y’umuntu uri mu murongo wa mbere kugira ngo menye icyo kintu cyera. Niba nshaka kukimenya koko, nta kundi, ngomba kureba hasi nkerekeza amaso yanjye kuri cyo kintu ubwacyo.
Ibi bivuze ko uburyo bwo kumenya ikintu bugenwa n’icyo kintu ubwacyo, ntibigenwa nanjye. Niba, aho kuba agatabo nandikamo, twafata ko amaso yacu ashobora kubona ubunararibonye bw’iyobokamana nk’ikintu kibaho (phenomenon), no muri uwo mwanya, twavuga ko uburyo bwo kukimenya bugomba guturuka ku bunararibonye bw’iyobokamana ubwabwo.
Ubunararibonye bw’iyobokamana ni ikintu bwoko ki? Ni ikintu gifitanye isano n’ukuri k’umuntu, bityo ntigishobora kwigwa nk’uko twigisha cyangwa twiga ibintu bya geoloji cyangwa iby’ikirere (meteorology). Kireba umuntu ku giti cye. None se, twakora dute ubushakashatsi? Kubera ko turi guhangana n’ikintu kibera muri njye, gifitanye isano n’imyumvire yanjye, na“Jye” wanjye nk’umuntu, ni jye ubwanjye ngomba kwisuzuma; ngomba kwibaza ibibazo byanjye bwite, nkakora ubushakashatsi bushingiye ku mibereho yanjye (existential inquiry).
Iyo maze gutangira ubu bushakashatsi bushingiye ku bunararibonye bwanjye bwite, nshobora noneho kugereranya neza ibyo nagezeho n’ibitekerezo by’abiga n’abafilozofe kuri iki kibazo. Muri icyo gihe, kwisuzuma kwanjye kuzungukira muri uko kugereranya, kandi nzaba nirinda kuzamura igitekerezo cy’undi muntu nk’igisobanuro ntakuka. Iyo ntaba natangiye ubu bushakashatsi bushingiye ku mibereho yanjye bwite, byaba bisa no gusaba undi muntu gusobanura ikintu njye ubwanjye mpura na cyo. Kwifashisha ibitekerezo by’abandi bigomba kwemeza, kongerera imbaraga, cyangwa kugenzura umusaruro w’ibitekerezo byanjye bwite. Bitabaye ibyo, naba nsimbuje icyo nagombagaa kwivumvurira igitekerezo cy’abandi, kandi amaherezo bikanjyana kubaka igitekerezo kitari icyanjye, kandi byanze bikunze kintandukanya n’ukuri kwanjye bwite. Naba mpisemo kwakira nta kunenga igitekerezo cy’abandi ku kibazo gifite akamaro gakomeye ku buzima bwanjye no ku hazaza hanjye.
